Umuryango w’Abibumbye ugiye gutorera kurinda umutekano w’inzira ya Hormuz
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye (Loni) gateganyijwe gutora umwanzuro ukomeye ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026, ugamije gushyiraho uburyo bwo kurinda ubwato bw’ibicuruzwa bunyura mu muhora wa Hormuz umaze igihe ufunzwe na Iran.
Uyu mwanzuro wafatiwe i Bahrain, urasaba ko hakoreshwa "uburyo bwose bushoboka" (harimo n'intwaro) kugira ngo iyi nzira ifungurwe. Hormuz niyo nkingi ya mwamba y’ubukungu bw’isi kuko inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku isi yose.
Ingaruka ku mufuka w’umuturage
Kuva Iran yafunga uyu muyoboro nyuma yo kuraswa na Amerika na Isiraheli, ibiciro bya peteroli byatumbagiye mu buryo budasanzwe:
Mbere y'intambara: Akagunguru (Barrel) kagurwaga hagati ya $70 na $73.
Ubu: Kari kugura hagati ya $107 na $117. Iri zamuka riri kugira ingaruka ku biciro by’ibiribwa n’ingendo mu bihugu byose, harimo n’u Rwanda, nk’uko Minisitiri w’Imari Yusuf Murangwa aherutse kubigaragaza asobanura impamvu y’inguzanyo ya FMI.
U Bushinwa n’imbogamizi ya "Veto"
N’ubwo Bahrain na Amerika bashyigikiye kohereza ingabo n’intwaro muri uyu muyoboro, u Bushinwa bwagaragaje ko butazashyigikira uyu mwanzuro. Ambasaderi w’u Bushinwa muri Loni, Fu Cong, yavuze ko gukoresha intwaro bishobora gutuma intambara yaguka kurushaho.
Kuba u Bushinwa bufite uburenganzira bwa "Veto", bivuze ko nibaramuka batoye banyuranya n’uyu mwanzuro, uzafatwa nk’uburijwemo nubwo ibindi bihugu byaba biwushyigikiye.
Akamaro ka Hormuz mu mibare
Aho iherereye: Hagati ya Iran na Oman.
Umubare w'ibitoro: Buri munsi inyuzwamo utugunguru turi hagati ya miliyoni 16 na 21.
Igihe ingamba zamara: Nihamara kwemezwa, ubu buryo bwo kurinda umutekano buzamara amezi atandatu.

No comments