Ntibikemuka mu ijoro rimwe: Perezida Kagame yavuze ko gukemura ibibazo bya RDC bisaba kwita ku mpamvumuzi
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye kugaragaza ko inzira yo gukemura ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) idakwiye kunyura mu nzira y’ubusamo, ahubwo isaba kureba imizi yabyo.
Inyungu z’abaturage vs Inyungu z’ibihugu
Mu kiganiro yatangiye mu nama ya World Policy Conference (WPC) i Chantilly mu Bufaransa, Perezida Kagame yanenze uburyo bamwe mu bashaka gukemura ibi bibazo bita ku nyungu zabo bwite kuruta iz’abaturage. Yavuze ko ibi ari byo bituma umuti urambye utagerwaho.
Ubutumwa kuri Amerika na Qatar
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko ategereje kureba niba ibihugu nka Amerika na Qatar, bimaze igihe biyoboye ibiganiro by’amahoro bya Washington na Doha, bizemera gushyira ku ruhande inyungu zabyo bagakemura ikibazo uko kiri.
“Ibibazo ntibishobora gukemuka mu ijoro rimwe... Hakenewe kureba ku mpamvumuzi ya buri kimwe, ibiganiro bigahabwa igihe gihagije.” — Perezida Paul Kagame.
Ibi abivuze mu gihe umubano w’u Rwanda na Kinshasa, ndetse n’u Burundi, ukomeje kuzamo agatotsi kubera intambara ikomeje gusakiranya ingabo za RDC n’umutwe wa AFC/M23.
No comments