Isi mu kaga: Nyuma ya Iran na Venezuela, Donald Trump yatangaje ko Cuba ari yo itahiwe kugabwaho igitero
Mu ijambo ritunguranye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagejeje ku bitabiriye inama y’ishoramari muri Arabie Saoudite (Saudi Investment Conference), yatangaje ko igihugu cya Cuba ari cyo kigiye kugabwaho igitero cya gisirikare.
Nubwo yagerageje kubigira nk’ibanga asaba abari aho kwitwara nk’aho "atigeze abivuga," uyu mwanzuro uje ukurikira urukurikirane rw’ibitero Amerika imaze iminsi igaba mu rwego rwo guhindura ubutegetsi mu bihugu bidacana uwaka na yo.
Uruhererekane rw’ibitero bya Amerika muri 2026
Uyu mwaka utangiye, Amerika yerekanye ko itazuyaza gukoresha igisirikare cyayo gikomeye:
Venezuela (Mutarama 2026): Amerika yagabye igitero simusiga cyatumye Perezida Nicolas Maduro n’umugore we batabwa muri yombi, ubutegetsi bwe burasenyuka.
Iran (28 Gashyantare 2026): Amerika yagabye ikindi gitero kigamije gukuraho ubutegetsi bwa Tehran, bituma Umuyobozi w’Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei n’abandi bayobozi bakuru bahasiga ubuzima.
Cuba (Mwerurwe 2026): Donald Trump yatangaje ko iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes ari cyo kigiye gukurikiraho, nubwo atashatse gutanga amatariki n’uburyo icyo gitero kizagabwamo.
Imvugo ya Donald Trump
Mu rwenya rurimo n’integuza ikomeye, Trump yashimangiye ko igisirikare yubatse kigomba gukora akazi kacyo:
“Nubatse igisirikare gikomeye, ndavuga nti si ngombwa kugikoresha ariko rimwe na rimwe uba ugomba kubakoresha kandi Cuba ni yo ikurikira.” – Donald Trump.
Isesengura: Ubwoba ku mutekano w’Isi
Izi mpinduka zikomeye muri politiki y’ububanyi n’amahanga ya Amerika ziteje ubwoba bw’uko isi ishobora kwinjira mu ntambara ndende (Global Conflict). Kuba ibi bitero biri gukurikirana vuba vuba muri uyu mwaka wa 2026, bituma amahanga atekereza ku hazaza ha dipolomasi n'uburyo ibihugu bito bizikura mu menyo y'ubuhangange bwa Amerika.
No comments