Ni amaguru abiri kuri abiri: Niyigena Clement wa APR FC yagarutse kuri Pyramids na Azam FC bagiye kuzahura



Myugariro wa APR FC, yavuze ko Azam FC batomboye na Pyramids iri mu nzira ya bo yanabakuyemo umwaka ushize yombi ari amakipe akinika atabateye ubwoba.

Ni nyuma y’uko ejo hashize APR FC mu ijonjora rya mbere muri CAF Champions League yatomboye Azam FC yo muri Tanzania, yayitsinda ikaba izahura ya Pyramids FC yo mu Misiri yabasezereye umwaka ushize ibanyagiye.

Niyigena Clement akaba yavuze ko Azam na Pyramids ari amakipe bubaha ariko na none badatinya kuko akinika, baba bafite amaguru abiri kuri abiri.

Ati “Ni ikipe zose zikinika (Azam na Pyramids) ni abakinnyi 11 kuri 11, ni amaguru abiri kuri abiri, zigomba gukinika nk’uko natwe tuba twakinika. Imikino ya Champions League iba ikomeye, birasaba ko dushyiramo imbaraga kugira ngo tubone umusaruro mwiza.”

Ubu APR FC iri muri CECAFA Kagame muri Tanzania aho irimo kwitegurira umwaka w’imikino wa 2024-25 harimo na Champions League izatangira mu kwezi gutaha kwa Kanama 2024.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.