France: Perezida Macron yanze ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe Attal



Minisitiri w’intebe Gabriel Attal yeguye ku mirimo ye ariko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, amusaba kuguma ku mirimo ye kugira ngo hizerwe "umutekano uhamye" nyuma y’amatora.

Ku Cyumweru, Attal yavuze ko azegura ku mwanya wa minisitiri w’intebe ubwo ihuriro Ensemble rya Macron ryazaga ku mwanya wa kabiri inyuma ya Nouveau Front populaire (NFP) mu matora y’abadepite.

Attal w’imyaka 34 y’amavuko yakoze amateka ubwo yatangiraga imirimo mu ntangiriro z’uyu mwaka nka minisitiri w’intebe muto w’u Bufaransa ubayeho nkuko tubikesha BBC.

U Bufaransa buri mu bibazo bya politiki nyuma y’amatora y’abadepite yangije ubwiganze bwa Rassemblement national y’abahezanguni ariko nta shyaka risigaranye ubwiganze.

Rassemblement national yari yizeye intsinzi yisanze ku mwanya wa gatatu, inyuma ya Nouveau Front populaire (NFP) hamwe n’ihuriro rya Macron.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Jacky umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga yatunguwe n’uwiyita Mpanoyimana wamuhaye amafaranga atagira ingano

Umukobwa umaze kuba ikimenyabose nka Jacky aho azwiho cyane kwambara ubusa no kugira isoni nkeye ku mbuga nkoranyambaga yahawe amafaranga n’...

Powered by Blogger.