VJ Mupenzi umuhanga mu kuvanga imiziki, yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we bitegurana kurushinga

Published from Blogger Prime Android App
Mupenzi Patrick benshi bamenye nka VJ Mupenzi uri mu bahanga mu kuvanga imiziki akaba nyiri akabari n’akabyiniro kitwa ‘Inferno Lounge Bar’ yasezeranye imbere y’amategeko na Ketia Kayonga bamaze igihe bakundana ndetse banitegura kurushinga mu minsi iri imbere.

Kuri uyu wa 13 Kamena 2024 nibwo VJ Mupenzi yasezeraniye imbere y’amategeko ku biro by’Umurenge wa Nyarugenge na Keithia Kayonga.

VJ Mupenzi na Keithia Kayonga basezeranye imbere y’amategeko mu gihe bateganya kurushinga mu birori by’ubukwe buteganyijwe ku wa 22 Kamena 2024.

Inkuru y’urukundo rwa VJ Mupenzi na Keithia Kayonga zatangiye kuvugwa cyane ubwo aba bombi bari batangiye ibirori bya Sunday Churche byaberaga ku i Rebero ahitwa Pegase Resort Inn.

Aba bongeye kumenyekana ubwo bari bamaze gufungura akabari kabo bari bise Boogaroo kabarizwaga i Gikondo aho benshi bita muri Mundi Center, mbere y’uko bakimura bakagahindurira izina uyu munsi bakaba bafite akitwa ‘Inferno Lounge Bar’.
Published from Blogger Prime Android App

Aba ariko kandi babinyujije muri sosiyete yabo bise ‘M&K’ bateguye amarushanwa y’aba DJs bise ‘DJ’s Battle Competition’ ryegukanywe na Selecta Danny mu 2022.

Iri rushanwa ryiyongera ku birori byo kumurika imodoka ‘Kigali Auto Show’ biheruka kubera i Gahanga muri Kanama 2023.

Inshingano zo kwita ku bucuruzi zatumye VJ Mupenzi ajya ukubiri n’ibijyanye no kuvanga imiziki nubwo atagiye kure y’uru ruganda.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

RDC: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye igihano cy'urupfu abasirikare 25 bahunze imirwano

  Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye urwo gupfa abasirikare 25 bo mu ngabo z’iki gihugu (FARDC),...

Powered by Blogger.