Uyu munsi Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu batanu bafatiwe mu bikorwa by’ubujura bwa telefoni

 


Kuri uyu wa Kane tariki 06 Kamena 2024, Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha RIB rweretse itangazamakuru abantu batanu bafatiwe mu bikorwa by’ubujura bwa telefoni, runasubiza ba nyirazo izigera ku 193 yagaruje zari zaribwe.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry yaburiye abagifite imigambi yo kwiba amatelefone ko bakwiye kubireka kuko ntaho bazacikira ubutabera.

Yagize ati “Ububasha, ubushobozi n’ubuhanga bwo gutahura ibyaha turabufite. Abagitsimbaraye ku gukora ibyaha bakwiye kubireka cyangwa se bakitegura kugongana n’itegeko”.

Dr Murangira yasabye Abanyarwanda kujya bagira amakenga bakarinda neza ibikoresho byabo birimo telefone na mudasobwa zabo kugira ngo babirinde abajura, asaba n’abacuruza za telefoni kwirinda kugura ibijurano kuko ubiguze afatwa nk’umufatanyacyaha w’uwabyibye.

Dr Murangira kandi yanasabye abantu kwirinda kugura ama telefoni abonetse yose bahuye nayo bayita imari kuko ahendutse, kubera ko bagwa mu bihombo iyo zifashwe.

Abafashwe barimo Mutabazi Jean Bosco, usanzwe ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto, Mugisha Irene usanzwe ari umucuruzi, Mihigo Lanndry ukuramo zimwe muri Applications zo mu matelefone, Ntare Fabrice ukora akazi k’ubutekinisiye ndetse na Mutabazi Samson.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.