Mu Buhindi abagera kuri 53 bishwe n'ubushyuhe mu minsi itatu gusa mu cyumweru gishize.

Published from Blogger Prime Android App

Ubushyuhe bukabije mu Buhinde bwibasiye intara y’amajyaruguru ya Uttar Pradesh n’iya Odisha bwahitanye abantu bagera 53 mu minsi itatu mu cyumweru gishize mu gihe hasozwaga igikorwa cy’amatora.

U Buhinde ntibworohewe mu mezi atatu ashize kuko bwibasiriwe n’ubushyuhe bukabije burimo gutera ingaruka ku baturage zirimo kugwa igihumure no gutakaza ubuzima. Ni mu gihe bari mu gikorwa cyo gusoza amatora asanzwe aba muri Mata na Gicurasi.

Ministeri y’ubuzima mu Buhinde yatangaje ko abamaze kwicwa n’ubu bushyuhe kuva tariki ya 1 Werurwe kugeza ku ya 30 Gicurasi bamaze kugera 56, naho abagize ibindi bibazo by’ubuzima bageze ku 24.849.

Mu minsi itatu y’icyumweru gishize,guverinoma y’u Buhinde yemeje ko muri Uttar Pradesh hapfuye abantu 33 barimo abakozi bakurikiranaga imigendekere y’amatora,abashinzwe umutekano n’abashinzwe isuku. Naho muri Odisha ho byemejwe ko hapfuye 20.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bwa Odisha,bwo bwagaragaje ko abapfuye muri iyo minsi itatu bashobora kuba barageze kuri 99 bitandukanye n’umubare watangajwe na guverinoma nk’uko ikinyamakuru BBC cyabitangaje.

Umuyobozi ushinzwe amatora muri Uttar Pradesh, Navdeep Rinwa yatangaje ko imiryango y’abakozi ba komisiyo y’amatora bishwe n’ubu bushyuhe bazahabwa impozamarira ya $18,000

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe mu Buhinde cyatangaje ko mu byumweru bibiri bishize, igipimo cy’ubushyuhe mu majyaruguru n’uburengerezuba cyageze kuri dogere selisiyusi 45 na 46. Cyasobanuye kandi ko hari uduce cyageze ku gipimo cya dogere selisuyusi 50.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Jacky umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga yatunguwe n’uwiyita Mpanoyimana wamuhaye amafaranga atagira ingano

Umukobwa umaze kuba ikimenyabose nka Jacky aho azwiho cyane kwambara ubusa no kugira isoni nkeye ku mbuga nkoranyambaga yahawe amafaranga n’...

Powered by Blogger.