Ikipe ya Mako Sharks yegukanye irushanwa ryo koga rya Mako Sharks Summer Invitational Swimming Championship

Published from Blogger Prime Android App

Iri rushanwa ryabereye mu ishuri rya Green Hills Academy muri rusange ryitabiriwe n’amakipe arindwi arimo ane yo muri Uganda ariyo Aquatic Academy Kampala, Hertz Swim Club, Silsvernfin Academy na Whales Swim Academy Entebbe ndetse n’andi atatu yo mu Rwanda.

Amakipe atatu yo mu Rwanda arimo Mako Sharks yateguye iri rushanwa, Cercle Sportif y’i Karongi na Kigali Sporting Club.

Mako Sharks Swim niyo yegukanye umwanya wa mbere aho muri rusange yagize amanota 3597 ikurikirwa na Aquatic Academy Kampala yagize amanota ihumbi 3590,5, Silverfin Academy yabaye iya gatatu n’amanota 1658 mu gihe Cercle Sportif de Karongi yabaye iya Kane n’amanota 1127.

Amakipe atatu ya nyuma yabaye Hertz Swim Club yabaye iya gatanu, Kigali Sporting Club yabaye iya gatandatu naho Whales Swim Academy Entebbe.

Ku nshuro ya kabiri ryakinwaga iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi 170 bavuye kuri 98 bari bitabiriye ku nshuro ya mbere mu 2023.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.