Bamwe mu banyonzi bo mu Mujyi wa Kigali, baratakamba ku bw'amande bacibwa

Published from Blogger Prime Android App

Bamwe mu bakora umurimo wo gutwara abantu n’ibintu ku magare mu duce dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ubuzima bwabo butorohewe bitewe n’ibihombo bari guhura nabyo nyuma y’uko ibinyabiziga byari bibatunze bitwawe hageretsweho n’amade.

Abaganiriye na BTN TV dukesha iyi nkuru, bavuga ko nyuma y’uko bambuwe amagare yabo byatumye iterambere bari biteze risa nk’iridindira kuko kwinjiza amafaranga byahise bisa nk’ibihagarara. Bavuga ko kandi uretse kuba babaka ayo magare baba bahangayitse bari gushaka aho bakura amande, mu gihe bavuga ko bambuwe amagare yagakwiye kubafasha kuyashaka, ndetse ngo ibi bituma bamwe basezera akazi kabo kuko aho kuyakura haba hagoranye.

Umwe muri aba banyonzi yagize ati “Najyanye umuzigo Kimironko muri santeri ya Zindiro noneho mpindukiye ngeze Kimisagara bararinyaka kuko amasaha yari yamfashe. Kuva icyo gihe baritwara ubuzima bwanjye bwahise bungora, amafaranga nabonaga ndayabura, Ikimina nabagamo nkivamo ndetse no kubona ibiryo biragoranye.”

 Undi yagize ati “Njye mba mbona bagomba kudusaba amande, ntibagumane amagare yacu. Ni ukuvuga ngo bavuga ko dutegereza ukwezi kumwe bakaduha amagare yacu, ariko na nubu barayatwimye, iyo tuyabasabye bavuga ko tuzategereza komiseri ngo niwe uzayaduha kandi amande yo twarayatanze.”

Aba banyonzi ntibavuga rumwe ku bihano bafatirwa kuko ngo iyo baciwe amande baba bagomba kujya kuyashaka ariko bakagongwa no kuba amagare abinjiriza amafaranga aba yarafashwe ndetse ngo bituma n’imiryango yabo ibaho nabi kuko bayakoresha bari gushaka icyatunga imiryango yabo. Bavuze ko ikindi kibabangamira ari uko hari bamwe muri bo bishyura amande ariko bakaba badahabwa amagare yabo bityo imibereho igakomeza kubagora.

Si aba banyonzi bo mu Mujyi wa Kigali gusa kuko n’ahandi hose mu gihugu hagenda humvikana ibyo batumvikanaho n’abayobozi babo cyane ko usanga hari abavuga ko banamburwa amagare yabo bavuye mu kazi [nta bagenzi batwaye], bagakomeza basaba abayobozi babishinzwe kubarenganura kuri iki kibazo.

Ukurikije ibiciro byakurikizwaga mu mezi abiri ashize, Litiro ya Lisansi yagabanutseho amafaranga 101 Frw kuko ibyari byatangajwe muri Mata, Litiro ya Lisansi yari 1 764 Frw. Icyo gihe yari yazamutseho amafaranga 127 kuko yari yashyizwe kuri aya mafaranga ivuye ku 1 637 Frw.

Iri tangaro rya RURA rigaragaza ibiciro bishya bigomba kubahirizwa, rikomeza rivuga ko “Igiciro cya Mazutu ntikigomba kurenga amafaranga y’u Rwanda 1 652 kuri Litiro.”

Igiciro cya Mazutu cyo cyagabanutseho amafaranga 32 Frw, kuko cyari kiri ku 1 684 yari yashyizweho muri Mata, aho icyo gihe bwo yari yiyongereho amafaranga 52 Frw kuko yari yavuye ku 1 632 Frw.

Uru rwego kandi ruvuga ko “Iri hindahurika ry’ibiciro rishingiye ahanini ku ihindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli riri kugaragara ku isoko mpuzamahanga.”

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Jacky umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga yatunguwe n’uwiyita Mpanoyimana wamuhaye amafaranga atagira ingano

Umukobwa umaze kuba ikimenyabose nka Jacky aho azwiho cyane kwambara ubusa no kugira isoni nkeye ku mbuga nkoranyambaga yahawe amafaranga n’...

Powered by Blogger.