Abakuwe mu ishyamba rya Gishwati na Mukura barinubira gutuzwa mu nzu imwe ari miryango myinshi



Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigajwe inyuma yo mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Ruhango igaragaza ko ibangamiwe bikomeye no kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi ku buryo nijoro bigorana kugira ngo babe bakora amabanga y’urugo.

Aba baturage bavuga ko bahoze batuye mu mashyamba ya Gishwati na Mukura, nyuma baza kubakwirwa n’ubuyobozi, batuzwa mu murenge wa Ruhango, mu kagari ka Gihira, mu mudugudu wa Bitenga ho mu karere ka Rutsiro. Gusa bakihagezwa bose ntibahise batuzwa bityo ngo hakaba hari imiryango yagiye yiyunga ku yindi bakabana mu nzu imwe.

Nyuma y’uko bahageze abari urubyiruko nabo uko bagenda bakura bagashaka ngo bibagora kubaka kubera nta mikoro cyangwa ubutaka bwo kubakaho bityo bagahitamo kuguma mu nzu z’ababyeyi babo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhango, Bisangwabagabo Sylvestre yabwiye Radio/TV10 dukesha iyi nkuru ko iyi miryango izagenda yubakirwa uko ubushobozi buzagenda buboneka.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.