Afurika y’Epfo: Abimukira bari mu kaga gakomeye kubera urwango n’urugomo rukaze

Afurika y’Epfo: Abimukira bari mu kaga gakomeye kubera urwango n’urugomo rukaze


Isura y’ubutabera n’ubumuntu muri Afurika y’Epfo ikomeje kumungwa n’urwango rwibasiye abimukira (Xenophobia). Kuri ubu, ibintu byageze ku rwego rwashobora guhungabanya umutekano w’akarere kose, aho amatsinda y’abaturage yishyize hamwe ari kwirukana buri mwimukira wese, hatitawe niba afite ibyangombwa bimwemerera kuba mu gihugu cyangwa ntabyo afite.

Urugomo n’iyicarubozo ku manywa y’ihangu 

Intara za KwaZulu-Natal na Gauteng ni zo zibasiwe cyane n’ubu bugome.

  • Abimukira bakomoka mu bihugu nka Ghana na Nigeria bari kumeneshwa n’Abanyafurika bagenzi babo.

  • Amaduka y’abanyamahanga ari gutwikwa, abandi bagakubitwa cyangwa bakicwa ku manywa y’ihangu nta nkurikizi.

  • Ndetse no mu nzego z’ubuzima, hari aho kwivuza bisaba ko umuntu abanza kwerekana ko ari umwenegihugu.

Ruswa muri Polisi: Icyuho mu butabera 

Ikibabaje kurushaho ni uko inzego zagakwiye kurengera abari mu kaga zirangwamo ruswa ikomeye. Ubuyobozi bukuru bwa Polisi n’ababungirije bari gukurikiranwa kuri dosiye za ruswa zifitanye isano n’iki kibazo, bituma abahohoterwa babura uwo baregera.

  Success SA i Kigali: Dore ibyo ugurwa kumenya ku mukobwa w’imyaka 23 ugiye gushyira umuriro muri Weekend ndende 


No comments

IZIHERUKA

Nicole Kidman asabye gusoma Rihanna mu rwenya: Ibyamamare bikomeje gutungurana mu birori bya Chanel

  Umukinnyi wa filime wamamaye cyane, Nicole Kidman , yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutera urwenya rudasanzwe rw...

Powered by Blogger.