ZIMBABWE: Impinduka mu Itegeko Nshinga zigiye gukuraho amatora ya Perezida n’abaturage
Ishyaka Zanu-PF riri ku butegetsi muri Zimbabwe ryamaze gutangaza umushinga w’amavugurura y’Itegeko Nshinga uzatuma Perezida ajya atorwa n’Inteko Ishinga Amategeko aho gutorwa n’abaturage, ndetse ukanongera manda kuva ku myaka 5 ikaba 7.
Aya mavugurura ateje umwuka mubi muri politiki, aho abatavuga rumwe na Leta, barimo uwigeze kuba Minisitiri w’Imari, Tendai Biti, bavuga ko ubu ari uburyo bwo gufata ubutegetsi ku ngufu buhoro buhoro.
Ingingo z’ingenzi zikubiye muri uyu mushinga muri Mata 2026:
Uburyo bwo gutora: Perezida ntazongera gutorwa n'abaturage bose (Direct Election), ahubwo azajya atorwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Kongera manda: Manda y’Inteko n’iya Perezida izava ku myaka 5 ibe imyaka 7.
Kwimura amatora: Amatora yagombaga kuba mu 2028 yimuriwe mu 2030, bivuze ko Perezida Emmerson Mnangagwa azongeraho imyaka ibiri ku yo yari asanganywe.
Iperereza rya Zanu-PF: Ishyaka riri ku butegetsi rivuga ko ubu buryo buhendutse kandi budakurura impaka cyane nka mbere.
Isesengura rya Inganjinews
Ubu buryo bwo gutora Perezida binyuze mu Nteko (Parliamentary System) bukoreshwa mu bihugu bimwe nka Afurika y'Epfo cyangwa Ethiopia, ariko muri Zimbabwe buje nk'uburyo bwo gukemura ibibazo by'impaka zikunze kurangwa mu matora asanzwe. Icyakora, kuba manda yongerewe kandi amatora akigizwa inyuma, bituma abasesenguzi bibaza niba ari inzira yo kugundira ubutegetsi bwa Zanu-PF bwatangiye mu 1980. Kuri twe mu Rwanda, ibi ni isomo ryo kureba uburyo itegeko nshinga ari ryo shingiro ry'umutekano n'iterambere ry'igihugu.
No comments