REG: Amashanyarazi azabura mu bice bitandukanye by’igihugu guhera ku wa 15 Mata 2026
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) yamenyesheje abafatabuguzi bayo ko hateganyijwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu minsi itatu ikurikirana, guhera ku wa 15 kugeza ku wa 17 Mata 2026. Ibi biterwa n’imirimo yo gusana no kwagura imiyoboro y’amashanyarazi hirya no hino mu gihugu.
Ingengabihe y’ibura ry’umuriro (Saa 12:00 – Saa 15:00):
| Itariki | Turere n’Imirenge bizagerwaho |
| 15 Mata | Rwamagana: Musha na Mwurire. |
| 16 Mata | Rubavu: Rubavu, Cyanzarwe, Rugerero na Nyakiriba. |
| 17 Mata | Musanze: Cyuve, Kinigi, Nyange, Shingiro na Muhoza. Nyarugenge: Mageragere na Nyamirambo. Rwamagana: Kigabiro, Muhazi, Gishari, Munyaga, Munyiginya, Rubona na Mwurire. |
Icyitonderwa cy'ingenzi: REG iraburira abaturage kwitondera insinga z’amashanyarazi mu gihe umuriro uzaba wagiye, kuko ushobora kugaruka mbere y’isaha yateganyijwe.
Isesengura rya Inganjinews: "Iterambere n’ibikorwaremezo"
Amashanyarazi ntabwo akiri ay’abatuye mu mujyi gusa. Imibare yerekana ko ingo zirenga miliyoni 2,1 zimaze guhabwa amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari, naho izisaga 893,000 zikaba zikoresha imirasire y’izuba.
Kuba REG ikomeje imirimo yo gusana n’ubwo umuriro waba ubuze akanya gato, birerekana ko Leta iri gushyira imbaraga mu kugera ku ntego y’uko amashanyarazi agera kuri bose 100% mu gihe gito kiri imbere. Ibi kandi birafasha urwego rw'abikorera (nka PSF-Karongi twagarutseho) kuko inyubako n’inganda zikeneye amashanyarazi adahagaze.
ITERAMBERE: Abikorera b’i Karongi bagiye kubaka igorofa rya miliyari 1 Frw binyuze mu kigega KDF

No comments