Dufite amakarita yose: Donald Trump yasubitse urugendo rw’intumwa ze muri Pakistan nyuma yo kwinangira kwa Iran
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko asubitse urugendo rw’intumwa ze zihariye, Steve Witkoff na Jared Kushner, rwari ruteganyijwe muri Pakistan. Izi ntumwa zagombaga guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, mu biganiro bigamije gushaka amahoro.
Uburyo bwa Trump mu biganiro
Kuri uyu wa 25 Mata 2026, Trump yashimangiye ko Amerika ari yo ifite imbaraga zose mu biganiro, bityo ko badashobora gukomeza gushyira imbaraga mu muryango ufunze.
“Dufite amakarita yose bo nta n’imwe bafite, nibashaka ibiganiro icyo bazakora ni kuduhamagara.” — Donald Trump.
Kwinangira kwa Iran n’ingaruka ku bukungu
Iran yo yahakanye ko yari ifite gahunda yo guhura n'intumwa za Amerika, ivuga ko nta nyungu yigeze ibona mu biganiro byabanje. Uku kwinangira gutumye ibiganiro bisubikwa ku nshuro ya kabiri mu cyumweru kimwe, nyuma y'ibyari byasubitswe ku wa 21 Mata.
Ibi biganiro byitezweho gukemura:
Intambara ya Amerika na Iran: Gushyira iherezo ku makimbirane y'ingabo z'ibihugu byombi.
Inzira ya Hormuz: Gufungura iyi nzira y'amazi ikomeye mu gutwara ibikomoka kuri peteroli, ikomeje guteza izamuka ry'ibiciro ku isi yose kuva yafungwa.
No comments