DONALD TRUMP: "Twamubonye!" – Amasaha menshi y’ishakisha rya Colonel wa Amerika yarangiye neza

 

US Pilot Rescue Iran F-15E Donald Trump 2026

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igisirikare cy’iki gihugu cyabashije gutabara mu buryo bw’igitangaza umupilote w’indege y’intambara ya F-15E yari yarashwe na Iran ku wa Gatanu, tariki ya 3 Mata 2026.

Uyu musirikare, wari ufite ipeti rya Colonel akaba ari na we wari utwaye iyi ndege y’intambara, yari amaze iminsi ibiri yaraburiwe irengero mu gace kataramenyekana, bituma Iran ishyiraho igihembo ku muturage wese wari kumufata mpiri.

Igikorwa cy’ubutabazi kidasanzwe

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Mata, Trump yagaragaje ko ubu butabazi ari bumwe mu bukomeye bwabayeho mu mateka y’igisirikare cya Amerika.

“Twamubonye. Banyamerika bagenzi banjye... iki gikorwa cyo gushakisha no gutabara kiri mu bikomeye byabayeho mu mateka ya Amerika. Nishimiye kubabwira ko uyu Colonel ameze neza cyane.” – Donald Trump.

Uko byagenze kuva indege yaraswa

  • Ku wa Gatanu: Indege ya F-15E yarashwe na Iran. Abapilote babiri bari bayirimo bagerageje kuyisohokamo (Ejection). Umwe yahise atabarwa ako kanya, ariko uwa kabiri (Colonel) aburirwa irengero.

  • Ku wa Gatandatu: Iran yatangije umukwabu wo kumushaka itanga n’ibihembo, mu gihe Amerika na yo yari yohereje amatsinda y’ubutabazi bwihariye (Special Forces).

  • Kuri iki cyumweru: Colonel yabonetse afite ibikomere byoroheje, ubu akaba ari mu maboko y’ingabo za Amerika aho ari kwitwabwaho n’abaganga.

Ingaruka kuri dipolomasi y’intambara

Kuba Amerika yabashije gutabara umusirikare wayo mbere y’uko afatwa na Iran, bivuze ko Donald Trump ashobora gukaza umurego mu masaha 48 yatanze nka gasopo kuri Iran. Iyo uyu mupilote aza gufatwa na Iran, yari kuba "ingwate" ikomeye yari kubangamira ibitero bya Amerika.


ICYIZERE KIRABONETSE: Teen Challenge i Kigali yahuguye abazarwanya ibiyobyabwenge muri EAC

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

AMASHANYARAZI YARATABAYE: Amb. Uwihanganye yavuze ko yarinze izamuka rya 120% ku biciro by'ingendo

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko iyo hatabaho kwinjira kw’imodoka z’amash...

Powered by Blogger.