Icyizere ni cyose kuri FERWAFA: Amatara ya Kigali Pelé Stadium ntazongera kuzima



Mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira irushanwa ry’imikino ya gicuti rya FIFA Series 2026, Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yijeje abakunzi b’umupira w’amaguru ko ikibazo cy’amatara yakunze kuzima kuri Kigali Pelé Stadium cyakemutse mu buryo bugaragara.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’itangazamakuru, habura umunsi umwe gusa ngo imikino y’Itsinda B itangire kubera kuri uyu munsi wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2026.

Impinduka mu nsinga n'ubwubatsi (Installation)

Iki kibazo cy'amatara cyigeze guhangayikisha abafana mu mikino ishize, cyaturukaga ku nsinga za kera zari zimaze imyaka n’imvura. Perezida wa FERWAFA yagize ati:

“Cyarakemutse burundu. Cyari ikibazo cya ‘installation’ imaze imyaka manyi. Ikibazo cyari insinga za kera zari zishaje ubu rero barazihinduye. Ntabwo twakora ikosa ryo gutuma amatara avaho mu gihe cy’iyi mikino.”

Gahunda y’imikino y’Itsinda B (Kigali Pelé Stadium)

Iri rushanwa rishya rya FIFA rizakinwa mu buryo bwa "semi-finals" n'umukino wa nyuma muri buri tsinda.

Dore imikino iteganyijwe kuri uyu wa Kane:

  • Saa Saba n’Igice (13:30): Aruba vs Macau

  • Saa Kumi n’Igice (16:30): Tanzania vs Liechtenstein

Abazatsinda iyi mikino bazahurira ku mukino wa nyuma w’itsinda ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, naho abatsinzwe bahatanire umwanya wa gatatu.

Amakuru ku matike n’uburyo bwo kuyagura

Itike imwe izajya ifasha umufana kureba imikino yose ibiri ikinwa ku munsi umwe.

Ibiciro kuri Kigali Pelé Stadium:

  • Imyanya isanzwe: 2,000 Frw

  • VIP: 20,000 Frw

Ibiciro kuri Stade Amahoro (Ahazabera indi mikino):

  • Imyanya isanzwe: 2,000 Frw

  • Iruhande rwa VIP: 5,000 Frw

  • VIP: 30,000 Frw

  • VVIP & Skybox: (Ahabigenewe abatumirwa)

Uburyo bwo kugura amatike: Koresha telefone yawe ukanze *939*3*2#.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Gutera Adhan mu gitondo: Perezida Kagame yategetse ko uguhamagara kw’Abayisilamu gusubukurwa vuba

  Nyuma y’imyaka ine umuhamagaro wo gusenga wa mu gitondo (Adhan) utumvikana mu nsengero z’Abayisilamu mu Mujyi wa Kigali, Perezida wa Repub...

Powered by Blogger.