Kwamamaza

Ikipe ya Gikundiro ngo yaba igiye kwisubiza Niyonzima Sheifu wishimiwe cyane n'abafana

Published from Blogger Prime Android App

Nyuma y’amakuru amusubiza mu kipe ya Rayon Sports, Niyonzima Olivier Seifu, yahawe ikaze n’abakunzi b’iyi kipe bari hirya no hino.

Mu gihe umwaka w’imikino 2024/2025 muri ruhago y’u Rwanda, uzatangita muri Kanama uyu mwaka, amakipe akomeje kwigaba ku isoko ashaka intwalo zizayafasha kwitwara neza.

Niyonzima Olivier Seifu wasoje amasezerano muri Kiyovu Sports, amakuru aramwerekeza mu kipe yo mu Nzove yaherukagamo mu myaka itanu ishize.

N’ubwo Gikundiro itaremeza ko yamaze kugura uyu musore ukina hagati mu kibuga,amakuru ava mu Nzove avuga ko uyu munsi yakoze imyitozo muri iyi kipe.

Abakunzi ba Rayon Sports batandukanye barimo Jean Paul Nkurunziza wahoze ari Umuvugizi w’iyi kipe, bahaye ikaze Seifu uzwi ku kazina ka “International Nairobi.”

Niyonzima yazamukiye mu Isonga FC, ahava ajya muri Rayon Sports, aca muri APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports yakiniye umwaka ushize w’imikino 2023/2024.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Mukonya wakiniraga AS Kigali, yitabye Imana

Ahoyikuye Jean Paul uzwi nka Mukonya wakiniraga AS Kigali, yitabye Imana azize impanuka yo mu kibuga. Iyi nkuru y’akababaro, yamenyekanye ku...

Powered by Blogger.