RULINDO: Giancarlo Davite n’umuhungu we begukanye Nyirangarama Sprint Rally 2026

 

Nyirangarama Sprint Rally 2026 Giancarlo Davite Rulindo

Umunyamahanga Giancarlo Davite, afatanyije n’umuhungu we Davite Matteo, yongeye kwerekana ko ari umwami w’imihanda y’i Rulindo nyuma yo kwegukana isiganwa rya “Nyirangarama Sprint Rally 2026” ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata.

Iri siganwa ribanziriza andi yose kuri kalendari ya Shampiyona y’u Rwanda y’uyu mwaka, ryanyuze mu mihanda igoye yo mu bice bya Gashenyi na Rushashi, aho imodoka 11 zari ziteganyijwe ariko 10 ari zo zabashije gutangira isiganwa ryari rifite ibilometero 175.

Intsinzi ishingiye ku bunararibonye

Giancarlo Davite ukoresha imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi Evo X, yakoresheje isaha imwe n’iminota 12 (1h12min), akaba ari ku nshuro ya kabiri yikurikiranya aryegukana (2025 na 2026) n’inshuro ya gatatu muri rusange kuva mu 2019.

Uko abakinnyi bakurikiranye:

  1. Giancarlo Davite & Matteo Davite: 1h 12min (Mitsubishi Evo X)

  2. Gakwaya Eric & Kayibanda Aurore: 1h 24min 12s (Subaru Impreza N10)

  3. Queen Kalimpinya & Ngabo Olivier: 1h 34min 22s (Shampiyona y’Igihugu 2025)

Imiterere y’umuhanda n’imodoka

Iri siganwa ryo muri uyu mwaka ryagaragaje ko imihanda ya Rulindo itajya yorohera imashini, dore ko mu modoka 10 zatangiye, esheshatu (6) gusa ari zo zitabashije kurangiza isiganwa bitewe n’ibibazo bya tekiniki n’impanuka zoroheje zishingiye ku muvuduko mwinshi.

N’ubwo Queen Kalimpinya wari uhanzwe amaso nk’ufite igikombe cya Shampiyona y’Igihugu ya 2025 yaje ku mwanya wa gatatu, yerekanye ko agifite imbaraga zo guhangana n’abagabo b’inararibonye nka Davite na Gakwaya.

Isesengura rya Inganjinews

Kuba uyu mwaka hagaragaye imodoka nkeya zasoje isiganwa (4 gusa), bishobora gutuma abategura Shampiyona n’amakipe babyibazaho mbere y’isiganwa ritaha. Imihanda ya Rulindo izwiho amakorosi akaze n’imisozi, bisaba ko imodoka ziba ziteguye mu buryo budasanzwe.



No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

AMASHANYARAZI YARATABAYE: Amb. Uwihanganye yavuze ko yarinze izamuka rya 120% ku biciro by'ingendo

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko iyo hatabaho kwinjira kw’imodoka z’amash...

Powered by Blogger.