KWIGOMWA: Perezida Samia yagabanyije imodoka zimuherekeza, ategeka abaminisitiri kugenda muri bisi
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yafashe icyemezo kishimiwe n’abaturage benshi muri uyu mwaka wa 2026, aho yategetse ko umubare w’imodoka zimuherekeza ugabanywa ukagera kuri enye gusa, hagamijwe kurondoreza ibikomoka kuri peteroli igihugu gifite.
Iki cyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026, kije mu gihe isi ihanganye n’ikibazo gikomeye cy’ibura rya peteroli biturutse ku mirwano ihanganishije Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byatumye inzira ya Hormuz ifungwa.
Ingamba nshya mu buyobozi bwa Tanzania:
Kugenda muri Bisi: Perezida Samia yasabye abayobozi bakuru ba Guverinoma kujya bagenda muri bisi imwe igihe bagiye mu bikorwa by’akazi, aho kugira ngo buri wese agende mu modoka ye bwite ya V8.
Imodoka enye gusa: Perezida ubwe yatanze urugero, avuga ko imodoka zimuherekeza ubu ari enye gusa: iy’abarinzi, iya polisi, imodoka y’ubutabazi (backup), n’iyo arimo.
Kugabanya ikoreshwa rya Peteroli: Yasobanuye ko Guverinoma ikoresha peteroli nyinshi mu buryo budakenewe, bityo ko igihe kigeze cyo gukaza umurego mu kuzigama.
Isesengura rya Inganjinews
Iyi nkuru iratwibutsa ko "Ubuyobozi bugomba kuba intangarugero ". Mu gihe ibiciro bya lisansi bishobora gutumbagira bitewe n'ibibazo byo mu kigobe cy'Aba-Perse, Samia Suluhu yerekanye ko abayobozi badakwiye kubaho mu munezero n'isesagura mu gihe abaturage bashobora guhura n'ibura ry'ibiribwa n'ingendo. Ibi bitwigisha isomo ry’ubushishozi mu micungire y’umutungo haba mu rugo cyangwa mu kigo, cyanecyane mu bihe by’ingorabahizi nk’ibi byo mu 2026.
SOMA: DIPOLOMASI: Minisitiri Nduhungirehe yajyanye ubutumwa bwa Perezida Kagame muri Chad
No comments