INTAMBARA IRASUBITSWE: Iran yemeye gufungura Umuhora wa Hormuz nyuma y'ubuhuza bwa Pakistan
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi, abinyujije mu itangazo ryo kuri uyu wa 7 Mata 2026 (ku isaha y'i Tehran), yashimiye cyane Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, n’umuyobozi w’ingabo zaho, Field Marshal Munir, ku muvuduko n’imbaraga bakoresheje ngo bahoshe intambara yari yatangiye gukwirakwira mu karere.
Ingingo z’ingenzi zikubiye mu itangazo rya Iran:
Guhagarika imirwano (Ceasefire): Iran yatangaje ko niba ibitero byari byateguwe kuri yo bihagaritswe, inzego zayo z’umutekano (Powerful Armed Forces) na zo zihita zihagarika ibikorwa byose byo kwirinda (defensive operations).
Gufungura Umuhora wa Hormuz: Mu gihe cy’ibyumweru bibiri (2 weeks), Iran yemeye ko amato azajya anyura mu muhora wa Hormuz mu mutekano, abifashijwemo n’ingabo za Iran zizajya zicunga umutekano w’ingendo muri uyu muhora.
Ibiganiro bishingiye ku ngingo 10: Iran yemeje ko igiye kwinjira mu biganiro bishingiye ku ngingo 10 yari yagejeje kuri Amerika, nyuma y'uko na Perezida Donald Trump (POTUS) yemeje ko izo ngingo ari zo shingiro ryo kwumvikana.
Isesengura rya Inganjinews
Uku kumvikana hagati ya Amerika na Iran ku munota wa nyuma ni intambwe ikomeye muri uyu mwaka wa 2026. Kuba impande zombi zemeye "agahenge k'ibyumweru bibiri" bivuze ko hari icyizere cy’uko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli n’ubucuruzi mpuzamahanga byari bimaze guhungabana bigiye gusubira mu buryo. Ibi kandi bitwibutsa ko no mu gihe amagambo akaze n’intwaro biba bishyigikiwe, inzira y’ibiganiro (Diplomacy) ari yo yonyine ishobora kurokora ubuzima bw'abantu benshi.
SOMA: IRAN MU MAHINA: Abaturage bakoze uruzitiro rw’abantu (Human Shields) barinda inganda z’amashanyarazi
No comments