IGIHE NTARENGWA: Donald Trump yavuze ko Amerika ishobora gusiga Iran mu matongo y'imyaka 15
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimangiye ko atazigera emerera igihugu cya Iran gutunga intwaro nikleyeri, avuga ko abayobozi ba Tehran ari "abasazi" batashyirwa mu maboko intwaro nka ziriya zishobora kurimbura isi.
Mukiganiro n'ibinyamakuru (Rapid Response 47), Perezida Trump yagaragaje ko Amerika ifite ubushobozi bwo kuva mu mirwano uyu munsi, ariko ko icyangijwe muri Iran cyatwara imyaka isaga 15 ngo cyongere cyubakwe. Yagize ati: “Twashobora kuva hano ubu, bikabatwara imyaka 15 gusana ibyo bafite... ariko ndashaka kubirangiza burundu.”
Kuki iyi nteruro ije uyu munsi? Ibi byatangajwe mu gihe hari hategerejwe isinywa ry'amasezerano ya Islamabad Accord, ariko Iran ikaza kuyashyiraho amananiza asaba gukurirwaho ibihano byose no guhagarika intambara burundu aho kwemera agahenge k'iminsi 20.
Ingingo z’ingenzi mu magambo ya Trump:
Icyemezo cya Nikleyeri: Amerika ishaka ko Iran isinya amasezerano adasubirwaho ko itazigera icura cyangwa itunga intwaro nikleyeri.
Igitutu cy'Ubukungu n'Igisirikare: Trump arerekana ko ibyangijwe n'ibitero bya Amerika muri uyu mwaka wa 2026 ari byinshi, kandi ko gukomeza intambara bishobora gusubiza Iran inyuma ho imyaka 15 mu iterambere.
Kutizera: Akoresheje ijambo "Lunatics" (abasazi), Trump arerekana ko nta cyizere na gito afitiye ubuyobozi bwa Tehran mu gucunga intwaro zikomeye.
Isesengura rya Inganjinews
Iyi mvugo ya Perezida Trump irerekana ko dipolomasi y’uyu munsi ishingiye ku mbaraga. Kuri twe mu Rwanda n’ahandi ku isi, bivuze ko umwuka w’intambara utaragabanya umurego, bityo n’ibyizere by’uko ibiciro bya peteroli n’ibiribwa byahita bimanuka uyu munsi bishobora gushira mu gihe impande zombi zidashyize amayugi mu ntoki.
No comments