Unukinnyi w'umunya-Brésil, Juan Batista, yageze mu Rwanda kugirana amasezerano na APR FC!



Ikipe ya APR FC mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere yakiriye umunya-Brésil Juan Batista waje kuganira na yo mbere yo Gusinya amasezerano.

Uyu mukinnyi w’imyaka 21 y’amavuko asanzwe akina hagati mu kibuga ariko asatira izamu.

Amashusho yafashwe n’umunyamakuru Sam Karenzi wa Fine FM amwerekana agera ku kibuga cy’indege cy’i Kanombe, aho yageze aturutse i Addis-Abeba muri Ethiopia.

Uyu munyamakuru ukurikiranira hafi ’transfers’ z’abakinnyi bashya APR FC iri kugura muri iyi minsi yatangaje ko Juan Batista agomba kubanza kumara icyumweru akora imyitozo muri APR FC, yamushima akaba ari bwo imuha amasezerano.

Uyu munya-Brésil yiyongereye ku bandi bakinnyi bashya bamaze kugera muri APR FC, barimo umunya-Sénégal Aliou Souané wamaze gutsinda ikizamini cy’ubuzima gusa akaba agitegereje gushyira umukono ku masezerano.

Barimo kandi abanya-Ghana: Richmond Lamptey na Seidu Dauda Yussif bombi bamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri.

Undi mukinnyi kugeza ubu uvugwa muri APR FC ni Mamadou Sy, rutahizamu w’umunya-Maurtanie.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

RDC: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye igihano cy'urupfu abasirikare 25 bahunze imirwano

  Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye urwo gupfa abasirikare 25 bo mu ngabo z’iki gihugu (FARDC),...

Powered by Blogger.