Mu Burusiya hagabwe igitero cyahitanye abantu benshi barimo abapolisi 15.

 


Agace ka North Caucasus mu Burusiya kagabweho ibitero cy’iterabwoba n’abantu bataramenyekana gihitana abantu benshi barimo abapolisi 15.

Amakuru dukesha BBC avuga ko ibi bitero byibasiye Umujyi wa Derbent n’uwa Makhachkala, ubwo abo mu idini rya Orthodox, bizihizaga Pentecost. Cyagabwe mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 24 Kamena 2024.

Kimwe muri ibi bitero cyagabwe ku rusengero rw’aba-Orthodox mu Mujyi wa Makhachkala, Ikindi kigabwa kuri sitasiyo ya polisi nayo ibarizwa muri uyu mujyi.

Ikindi gitero cyagabwe kandi ku rusengero rwo muri Derbent ndetse rwo ruhita rushya.

Mu bagabye ibi gitero, batandatu muri bo bahise baraswa mu gihe polisi ikiri gushakisha abandi, gusa kugeza ubu ntiharamenyekana ababyihishe inyuma n’impamvu yabo.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.