Mali mu kaga: Minisitiri w’Ingabo yishwe, Assimi Goïta ntaboneka nyuma y’ibitero by’Aba-Tuareg n’Abajihadiste

Mali mu kaga: Minisitiri w’Ingabo yishwe, Assimi Goïta ntaboneka nyuma y’ibitero by’Aba-Tuareg n’Abajihadiste


Umwuka w’intambara n’akavuyo ukomeje gutahira mu gihugu cya Mali, nyuma y’aho imitwe y’iterabwoba ya JNIM (ikorana na al-Qaeda) n’inyeshyamba z’Aba-Tuareg (FLA) bagabye ibitero by’ishiraniro byibasiye inzego z’ubuyobozi bukuru bw’igihugu.

Urupfu rwa Minisitiri w'Ingabo 

Amakuru dukesha RFI aremeza ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, Sadio Camara, yiciwe mu gitero cy’ikamyo yari itezemo ibisasu yagonze inzu ye ku wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026. Uyu muryango w’iterabwoba wa JNIM wiyemereye ko ari wo wari inyuma y’iki gitero cyaguyemo umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Mali.

Assimi Goïta yakuwe i Kati, ntaboneka 

Umujyi wa Kati, usanzwe ari indiri y’abahiritse ubutegetsi, na wo wibasiwe bikomeye. Umuyobozi w’inzibacyuho wa Mali, Assimi Goïta, yakuwe mu rugo rwe i Kati nyuma y’igitero kidasanzwe, akaba hataramenyekana aho aherereye kugeza ubu.

Intambara ikomeje gufata indi ntera 

Ibitero byakwiriye mu mijyi ikomeye nka Bamako, Kidal, Gao na Mopti. Kuri iki Cyumweru tariki ya 26 Mata, imirwano ikomeye yongeye kubura i Kidal no muri Kati, bituma benshi bibaza niba ubutegetsi bwa gisirikare bwari bwarashyizweho guhera mu 2020 butaba buri mu marembera.


 Tchad: Abaperezida 8 b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bafatiwe i Ndjamena 

No comments

IZIHERUKA

MFT: RBC yatangije uburyo bushya bwo guhinduranya imiti ya Malaria mu Rwanda

Mu rwego rwo kwirinda ko agakoko gatera Malaria kageraho kakamenyera imiti gasanzwe gahabwa (Coartem), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (R...

Powered by Blogger.