Mali mu kaga: Minisitiri w’Ingabo yishwe, Assimi Goïta ntaboneka nyuma y’ibitero by’Aba-Tuareg n’Abajihadiste
Umwuka w’intambara n’akavuyo ukomeje gutahira mu gihugu cya Mali, nyuma y’aho imitwe y’iterabwoba ya JNIM (ikorana na al-Qaeda) n’inyeshyamba z’Aba-Tuareg (FLA) bagabye ibitero by’ishiraniro byibasiye inzego z’ubuyobozi bukuru bw’igihugu.
Urupfu rwa Minisitiri w'Ingabo
Amakuru dukesha RFI aremeza ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, Sadio Camara, yiciwe mu gitero cy’ikamyo yari itezemo ibisasu yagonze inzu ye ku wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026. Uyu muryango w’iterabwoba wa JNIM wiyemereye ko ari wo wari inyuma y’iki gitero cyaguyemo umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Mali.
Assimi Goïta yakuwe i Kati, ntaboneka
Umujyi wa Kati, usanzwe ari indiri y’abahiritse ubutegetsi, na wo wibasiwe bikomeye. Umuyobozi w’inzibacyuho wa Mali, Assimi Goïta, yakuwe mu rugo rwe i Kati nyuma y’igitero kidasanzwe, akaba hataramenyekana aho aherereye kugeza ubu.
Intambara ikomeje gufata indi ntera
Ibitero byakwiriye mu mijyi ikomeye nka Bamako, Kidal, Gao na Mopti. Kuri iki Cyumweru tariki ya 26 Mata, imirwano ikomeye yongeye kubura i Kidal no muri Kati, bituma benshi bibaza niba ubutegetsi bwa gisirikare bwari bwarashyizweho guhera mu 2020 butaba buri mu marembera.
Tchad: Abaperezida 8 b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bafatiwe i Ndjamena
No comments